RwandaSports.net

...amakuru yose ya siporo mu rwanda

  • Increase font size
  • Default font size
  • Decrease font size
Home

APR:YATAMBUTSE!

E-mail Print PDF
  Nkuko yari yabyigambye umutoza ERIC PASKE, agacupa k'umunezero yagacakiye nyuma y'umukino na RECREATIVO DE LIBOLO dore ko yari amaze kuyikubitira ahareba i Nzega. igitego 1 cya Didier Logba ku munota wa 77 nicyo cyahesheje itsinzi APR FC kuri ubu ishobora noneho gutekereza ku mukino wayo ukurikira na TP MAZEMBE.  aka ni akazi katoroshye kasabye ko APR yigerageza n'ikipe ya ST GEORGE kabiri kose. ariko kandi binasaba ko APR yiyongeramo amaraso mashya nka KALISA MAO nabazanye nawe icyo gihe ndetse na NYIRENDA na bagenzi be bose baherutse kuza. kubaka ikipe yuzuye kandi ibasha kurushanwa mu gihe gito nk'iki ni cyo kibazo kiremereye ERIC yari afite k'urupapuro rwe rw'ubutoza. ntakabuza rero kwiyegereza agacupa mu gihe ukuyemo ikipe nk'iriya mwene kariya kageni imbere y'ibibazo nk'ibyo.
 

Entertainment


Newsflash

nyuma y'uko umwaka wa 2009 usize hari byinshi bigezweho mu mikino itandukanye; RWANDA SPORTS yifuje kumenya abakinnyi bitwaye neza mu mupira w'amaguru, mu guhesha izina igihugu ndetse n'umutoza wakoze akazi ke neza.  irasaba mwe mwese ko mwagira uruhare muri icyo gikorwa mwitorera kuri uru rubuga abo mubona bakwiye gufata iryo shema. ayo matora akorerwa mu gice cyiswe HITAMO.