RwandaSports.net

...amakuru yose ya siporo mu rwanda

  • Increase font size
  • Default font size
  • Decrease font size

VOLLEYBALL :IKIPE Y'IGIHUGU YAGEZE MURI EGYPT

E-mail Print PDF

iyi kipe y'abatarengeje imyaka 17 yahagurutse ku munsi wejo ikaba yarerekeje mu mikino yo guhatanira itike yo kwitabira imikino ya olempiki y'ingimbi ibaye ku nshuro ya mbere ikazabera i SINGAPOUR. iyi kipe yageze mu MISIRI mu ijoro ryakeye. igizwe n'abakinnyi 14 b'intyoza ndetse n'umutoza Paul BITOK w'ubatse amateka muri aka karere. nkuko umunyamabanga mukuru mu ishyirahamwe ry'uwo mukino Gereturde KUBWIMANA abitangaza, ikipe iratanga ikizere kabone n'ubwo izahahurira n'ibihangange nka TUNIZIYA, MAROC ndetse na EGYPT.  uyu munsi hateganijwe inama ya tekiniki iza kugena uko ayo makipe azakina. biteganyijwe ko ejo aribwo ikipe y'u RWANDA izakina umukino wayo wa mbere.
 

APR:INAMA IBIMBURIRA IZINDI Z'ABAFANA BA APR - REMERA

E-mail Print PDF

iyi nama yabereye HILL TOP Hotel ikaba yarahuje abafana batari bake ba REMERA, KIMIRINKO, KANOMBE, GASABO biga ku nzira zose zatuma ikipe ibona itsinzi kuri uyu wa gatandatu. inama yari iyobowe na PEREZIDA w'ikipe Brig. Gen. Alex Kagame ndetse

Last Updated on Tuesday, 16 March 2010 11:08 Read more...
 

Eritrea yikuye muri CHAN

E-mail Print PDF

 

 Nk'uko tubikesha urubuga rwa internet rwa FERWAFA,ikipe ya Eritrea yivanye mu marushanwa ya CHAN bityo ikipe y'igihugu Amavubi ikaba yahise ibona itike yo kuzakomereza mu cyiciro gikurikira. Ni ukuvuga ko imikino yari kuzahuza u Rwanda na Eritrea itakibaye.

Gusezera kwa Eritrea bikaba byatumye umwiherero w'ikipe Amavubi uhagarara.

 

VOLLEYBALL: SHAMPIYONA IGEZE KU MUNSI WA GATATU

E-mail Print PDF

  shamppiyona ya volleyball irakomeza mu mpera z'iki cyumweru; nyamara abasore ba NSENGIYUMVA Jean Marie (ugaragara ku ifoto) bo ntibari bwakire Crist Roi kuko berekeje i BURUNDI muyindi mikino.indi mikino yose iraba ndetse hakaba hari imikino ikomeye ihuza mu bahungu amakipe ya UNR ndetse na Goupe Scolaire Officiel de Butare cyane ko aya yose akomoka mu mugi wa HUYE. ariko kandi ntawabura kuvuga undi mukino uba hagati ya UNATEK na C GISENYI nabwo mu bahungu.dore uko indi mikino iri bugende:

Last Updated on Monday, 15 March 2010 11:48 Read more...
 

CHAN : APR YAKUYE ABAKINNYI BAYO MU MWIHERERO W'IKIPE Y'IGIHUGU

E-mail Print PDF
ikipe y'igihugu AMAVUBI izitabira imikino ya CHAN, ikazakina n'ikipe ya ERITREA kuya 14 werurwe; biravugwa ko ntayindi ndege izaboneka uretse izageza abakinnyi i Kigali kuya 18 werurwe. APR FC ikimara kumva iyi nkuru yahise ikura abakinnyi bayo bose mu mwiherero w'ikipe y'igihugu. mu busanzwe APR iritegura umukino wayo na TP MAZEMBE uteganyije kubera i Kigali kuya 20 werurwe. ni ukuvuga ko yasubizwa abakinnyi bayo mbere ho iminsi 2 ngo uwo mukino ube. abakinnyi 9 ba APR bahamagawe ni inkingi zikomeye haba mu ikipe ya APR ndetse no mu ikipe y'igihugu. benshi baremeza ko abo bakinnyi atari kamara, ko abatoza n'abandi bireba bari bakwiye guha ikipe ya APR amahoro ikitegurira umukino wayo dore ko hakiri abandi bakinnyi bagaragara mu makipe atandukanye kandi bashobora no kwitwara neza.
 


Page 2 of 82

Abadusuye

We have 5 guests online

HITAMO

Igikosi ninde uzakijana?
 

HITAMO (2)

Ni inde mukinnyi w'umwaka 2009?
 

HITAMO (3)

Ni inde mutoza w'umwaka 2009?
 

HITAMO (4)

Abahesheje ishema igihugu
 

Entertainment


Newsflash

nyuma y'uko umwaka wa 2009 usize hari byinshi bigezweho mu mikino itandukanye; RWANDA SPORTS yifuje kumenya abakinnyi bitwaye neza mu mupira w'amaguru, mu guhesha izina igihugu ndetse n'umutoza wakoze akazi ke neza.  irasaba mwe mwese ko mwagira uruhare muri icyo gikorwa mwitorera kuri uru rubuga abo mubona bakwiye gufata iryo shema. ayo matora akorerwa mu gice cyiswe HITAMO.