Bobo Bola na Karim ntibazakina CECAFAAbakinnyi babiri b’u Rwanda basanzwe bakina ku mugabane w’Uburayi nk’ababigize umwuga, Bobo Bola na Karim Kamanzi, ntabwo bazakinira u Rwanda muri CECAFA nk’uko benshi babitekerezaga. Bobo Bola usanzwe ukinira ikipe yitwa Landkronabois yo mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cya Suwedi ndetse na Karim Kamanzi ukina mu gihugu cy’Ubugereki, bageze mu Rwanda mu cyumweru gishize batangira kwitozanya n’ikipe y’igihugu yitegura kwerekeza mu marushanwa ya CECAFA azabera mu gihugu cya Uganda guhera taliki ya 31 Ukuboza kugeza taliki ya 13 Mutarama 2009. Cyakora abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda baje gutungurwa no kubona batakiri kumwe n’ikipe y’igihugu mu myitozo. Aba basore bombi nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Jules Kalisa, ngo ntabwo baje baje gukinira ikipe y’igihugu Amavubi muri CECAFA, ahubwo bari biyiziye muri gahunda zabo bwite. Jules Kalisa avugana na Rwandasports.net kuri uyu wa 22 Ukuboza, yatangaje ko bariya bakinnyi bombi bari baje mu biruhuko no muri gahunda zabo, batari baje gukinira AMAVUBI. Kalisa ati: “Nta kipe ku mugabane w’Uburayi ishobora kuguha umukinnyi mu marushanwa nk’ariya FIFA itabyemeye. Kandi iyo baza baje gukinira ikipe y’igihugu tuba twaraboherereje amatike y’indege nyamara bo baje biyishyuriye”. Jules Kalisa avuga ko kuba baritozanyaga n’ikipe y’igihugu, ari uburyo bwo kugirango bagumane ‘forme’ gusa. Amakuru dufite ubu ni uko Bobo Bola kuri ubu yaba yamaze kwerekeza muri Congo Kinshasa dore ko ari naho akomoka. Karim Kamanzi we nta makuru ye yandi twari twabasha kumenya. Undi mukinnyi wabigize umwuga witozanya n’Amavubi ni Karekezi Olivier usanzwe ukinira ikipe ya Ham Kam yo muri Norvège ariko akaba nawe atazitabira CECAFA kuko ateganya gusubira mu ikipe ye bitarenze taliki 06 mutarama 2009 ndetse akaba ariho anashaka indi kipe kuko Ham Kam yasubiye mu cyiciro cya kabiri. |
||
|
||
|
|
||
| Page 82 of 82 |
| nyuma y'igihe kingana n'ukwezi umurongo wa rwandasports.net utabatangariza amakuru, kuri ubu wongeye kujya ahagaragara. amakuru anyuranye y'imikino ndetse n'imyidagaduro agiye kongera kubageraho ku bwinshi. RWANDA SPORTS iboneyeho kubifuriza umwaka mwiza wa 2010 |