Abana: Karimunda Vs Kamugisha
Monday, 22 December 2008 14:00
administrator
Kuri iki cyumweru, i Remera ku kibuga cy'imyitozo cya FERWAFA habereye imikino y’abana yahuzaga abana bato ba APR FC basanzwe batozwa n’umutoza René Kalimunda ndetse n’abana bitoreza muri Centre Sportif des jeunes de Butare batozwa n’umutoza Joseph Kamugisha.
Last Updated on Monday, 29 December 2008 08:02
Read more...
Abakinnyi b’Amavubi barinubira imyitozo bakora
Monday, 22 December 2008 13:27
administrator
Kimwe mu byakunze kugenda binengwa ku ikipe y’igihugu Amavubi, ni imyitozo mike ku bijyanye n’umwuka (condition physique), ariko noneho abakinnyi b’umutoza Branko Tucak barinubira imyitozo bahabwa yo gushaka umwuka.
Nk’uko bamwe mu bakinnyi babitangarije Rwandasports.net nyuma y’umukino wahuje ikipe ya mbere ndetse n’iya kabiri z’Amavubi kuwa 21/12/2008, ngo imyitozo bahabwa igiye kubahitana. Umwe muribo yagize ati : «Umutoza noneho araza kutwica n’imyitozo». Bakomeza bavuga ko adatuma bahumeka.
Nyamara abakunzi b’iyi kipe kipe bakunze kuyireba aho yitoza bo bishimira ko byibura agerageza kubongerera imyitozo yo gushaka umwuka cyane ko n’amakipe azahura n’u Rwanda muri CECAFA azaba atoroshye na busa. Ndatsikira Alphonse, ni umukunzi w’Amavubi yagize ati: «Ikipe yacu ntiyagira kuba idakomeye kubera ko hari abakinnyi bamwe bazaba batarimo, ngo igire no kutagira umwuka. Umutoza agomba kubahata umwuka byibuze kugira ngo bazashobore guhatana na za Uganda ».
By’akarusho noneho, iri rushanwa rizanitabirwa n’igihugu cya Zambiya kiri mu itsinda rimwe n’u Rwanda mu gushaka itike yo kujya mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika ndetse n’icy’isi byombi bizakinirwa mu 2010.
CECAFA izitabirwa n’ibihugu icumi bigabanyije mu matsinda abiri :
Itsinda A: Uganda, Tanzania , Rwanda , Zanzibar and Somalia
Itsinda B: Sudan, Kenya , Zambia , Burundi and Djibouti .