RwandaSports.net

...amakuru yose ya siporo mu rwanda

  • Increase font size
  • Default font size
  • Decrease font size

R.Santander : Tchité arashaka kugenda

E-mail Print PDF

  Mohamed Tchité, rutahizamu ufite ubwenegihugu bw'ububiligi,ubunyarwanda,ubukongomani ndetse n'ubw'uburundi akaba abarizwa muri Racing Santander, ashobora kuva muri iyi kipe mu kwezi kwa 6 kugira ngo arebe uko shampiyona z'ahandi zihumura.Hagati aho amakipe yo mu bufaransa nka AS Saint-Etienne na FC Sochaux akomeje kumwifuza.Uyu musore rero w'imyaka 26 nubwo ashaka kugenda amasezerano afitanye na R.Santander azarangira mu 2012 gusa ariko akaba atifuza gusubira mu Bubiligi cyane mu ikipe yahozemo ya Andelrecht kuko avuga ko ashaka kubanza kuzunguruka ku mugabane w'uburayi yihumuriza uko amashampiyona atandukanye ameze ndetse n'uko bakina ruhago.

Last Updated on Thursday, 25 February 2010 10:37
 

ATRACO :" ATBARA BAZAKORESHA INZIRA Y'INDEGE"JULES KALISA

E-mail Print PDF

byari byakomeje guhwihwiswa n'itangaza makuru ritandukanye ko ikipe ya ATRACO ubwo izaba igeze i Khartoum izahita ifata inzira y'ubutaka ikerekeza Atbara aho igomba gukinira umukino wayo wo kwishyura n'ikipe ya EL AMAL. urwo rugendo ni urwa KM 400 uvuye mu murwa mukuru wi gihugu cya Soudan. gusa muri iki gitondo ikinyamakuru the new times kiganira n'umunyamabanga mukuru mu ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru Jules KALISA yagitangarije ko izo nkuru atari impamo ko hateganyije indege izahita ijyana abo bakinnyi ndetse n'ababaherekeje Atbara.

Last Updated on Wednesday, 24 February 2010 12:40
 

BASKETBALL: AMARUSHANWA ABANZIRIZA SHAMPIYONA

E-mail Print PDF

mu gihe byemejwe ko shapiyona izatangira muri Gicurasi, abayobozi b'ishyrahamwe ry'umukino wa BASKETBALL barateganya amarushanwa atandukanye azaba mbere yashapiyona. hateganyijwe amarushanwa ageze kuri ane, rigomba gutegurana n'abafatanya bikorwa batandukanye. haravugwa azategurwa mu matariki ya 7-8 Werurwe, 27-28 Werurwe ndetse niriteganyijwe kuya 20 -25 Mata.  hazanabaho rero nirizabera i NAIROBI mu kwa kane cyangwa ryimurirwe mu kwa karindwi.

Last Updated on Wednesday, 24 February 2010 12:39
 

KIYOVU: "AMATEGEKO AREBA IMYITWARIRE ABAKINNYI BARAYAZI"NSENGIYUMVA

E-mail Print PDF

  umunyamabanga mukuru mu ikipe ya KIYOVU NSENGIYUMVA J M  aratangaza ko abakinnyi bose bazi uko umuyovu yitwara. gusa kandi avuga ko bategereje icyo abashinzwe tekiniki babamenyesha kuri iriya myitwarire y'abakinnyi batandukanye ngo bafatirwe ibyemezo. abakinnyi barebwa n'ibi byemezo ni GANGI waranahagaritswe by'agateganyo n'umutoza ndetse na SHYAKA Jean udasize na PASCAL hamwe na MWEMERE NGIRISHUTI bose bivumbuye bagasohoka mu mwiherero dari dari; ibi kandi byabaye ubwo ikipe ya KIYOVU yateguraga umukino wayo n'ikipe ya APR

Last Updated on Wednesday, 24 February 2010 12:39
 

APR: ST GEORGE YATSINZE 3-0 MU MUKINO WA GICUTI

E-mail Print PDF
    ikipe ya APR yatsinzwe na ST GEORGE 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye muri ETHIOPIA kuri uyu mu goroba. ni umukino utegura imikino aya makipe yombi azakina mu mpera z'iki cyumweru. APR yahagurutse i KIGALI ku munsi wejo aho yitwaje abakinnyi bakurikira:
Last Updated on Tuesday, 23 February 2010 18:01 Read more...
 


Page 7 of 82

Abadusuye

We have 5 guests online

HITAMO

Igikosi ninde uzakijana?
 

HITAMO (2)

Ni inde mukinnyi w'umwaka 2009?
 

HITAMO (3)

Ni inde mutoza w'umwaka 2009?
 

HITAMO (4)

Abahesheje ishema igihugu
 

Entertainment


Newsflash

nyuma y'igihe kingana n'ukwezi umurongo wa rwandasports.net utabatangariza amakuru, kuri ubu wongeye kujya ahagaragara. amakuru anyuranye y'imikino ndetse n'imyidagaduro agiye kongera kubageraho ku bwinshi. RWANDA SPORTS iboneyeho kubifuriza umwaka mwiza wa 2010