Nyuma yo gusesekara mu MISIRI igafatwa nabi, ikipe y'igihugu y'abakobwa y'abatarengeje imyaka 18 yatangiye gukina aho kuva isaha ya saa kumi n'ebyiri z'umugoroba iri gutana mu mitwe na RD CONGO.Hagati aho umutoza Paul BITOK utoza iyi kipe ku makuru aturuka mu gihugu cya MISIRI atangaza ko yiteguye kuzakina kandi bikaba ari byiza kuba ahuye na RD CONGO ku mukino wa 1 kuko nibawutsinda indi bazayikinana morale.
Iyi kipe ikaba yatangiye kumenyera ikirere ndeste n'imirire ya hariya ku buryo ntakibazo gusa RDC ifite abakecuru byo n'ubwo muri training zabo nta gishya kibamo. Umuyobozi wa CAVB, Dr Elwani Amr yasezeranyije ikipe y' u Rwanda imyenda yo gukinana ngo kuko ari ubwa mbere rwitabiriye amarushanwa nk'aya.